Amasomo y’ Igitambo cya Misa cyo ku wa Gatandatu 09 Nzeri 2023 Icyumweru cya 22 Gisanzwe
Mu isomo rya mbere Pawulo intumwa aratwibutsa ko ikidutandukanya n’Imana ari ibitekerezo bibi n’ibikorwa bibi, igihe cyose tutagendera ku mategeko yayo duhinduka abanzi bayo maze tugaca ukubiri nayo kugirango twigorore nayo birakwiye kwemera Kristu we watwiguranye tukaronka umukiro n’ubuzima, yaradupfiriye kugirango tubeho turangamiye ubutungane bw’Imana.
Icyo dusabwa ni ugukomera mu kwemera, twirinda kudohoka no guteshuka ku masezerano yacu. Ijambo ry’Imana twumva ridukure mu mwijima no mu bujiji, niba dushaka kwiyunga n’Imana birakwiye ko twemera kandi tukakira inkuru nziza.
Mu ivanjiri Yezu araha agaciro muntu kurusha imigenzo, ubutumwa atanga ni uko ibintu byose bigamije gufasha umuntu biba birengeje kure agaciro k’imihango n’imigenzo, aratwibutsa ko nta gihe kibaho cyatubuza kugira neza, tugomba gukora ibyiza kuko ari byiza. Yezu rero niwe mugenga wa byose.
Dusabe Nyagasani adushyiremo umutima ukunda, tubashe kugendera ku mategeko, Umubyeyi Bikira Mariya adusabire gukomera mu kwemera no mu rukundo, duhore turi indabo zihumurira bose na hose. Amena
Padiri Jean Pierre GATETE,SAC