top

Sanctuaire de Notre-Dame de Kibeho

Amasomo y’ Igitambo cya Misa cyo ku wa Gatanu 08 Nzeri 2023 IVUKA RYA BIKIRA MARIYA

Abatagatifu twizihiza: Adrien, Pierre Claver
Isomo rya Mbere
    Igitabo cy’Umuhanuzi Mika (Mik 5,1-4a)
    Uhoraho avuze atya : Wowe Betelehemu Efurata, uri mutoya cyane mu miryango ya Yuda, ariko iwawe nzahavana ugomba gutegeka Israheli ; inkomoko ye ni iyo hambere, mu bihe bya kera cyane. Ni cyo gituma Uhoraho azabatererana kugeza igihe ugomba kubyara azabyarira, maze udusigisigi tw’abavandimwe be dusange Abayisraheli. We rero azemarara, aragire ubushyo bwe, abikesheje ububasha bw’Uhoraho n’ubuhangange bw’izina ry’Imana ye. Icyo gihe bazashinga imizi kuko azakomera, akanategeka kugera ku mpera z’isi. Ni we ubwe uzazana amahoro!
Iryo ni Ijambo ry’Imana.
    Indirimbo
    Izayi 61, 10abcd, 11 ; 62, 1, 2, 3
    Ndasabagizwa n’ibyishimo mu Mana, Umwami wanjye.
    Ndasabagizwa n’ibyishimo muri Uhoraho, umutima wanjye uhimbajwe n’Imana yanjye, kuko yanyambitse umwambaro w’umukiro, akansesuraho umwitero w’ubutungane.
Uko ubutaka bumeza imbuto zabwo, n’ubusitani bugakuza icyo bwabibwemo, ni na ko Uhoraho azameza ubutungane n’ibisingizo, imbere y’amahanga yose.
Sinzigera ntererana Siyoni, sinzareka guhihibikanira Yeruzalemu, kugeza ubwo ubutungane bwayo butangaje nk’icyezezi, n’umukiro wayo ukakirana nk’urumuri.
Bityo amahanga azabone ubutungane bwawe, abami bose babone ikuzo ryawe. Nuko bazakwite izina rishya, rizatangazwa n’Uhoraho.
Uzamera nk’ikamba ribengerana mu kiganza cy’Uhoraho, nk’igisingo mu ntoki z’Imana yawe.
    Isomo rya Kabiri
    Ivangili
    Amagambo yo mu Ivanjili Ntagatifu uko yanditswe na Matayo(Mt 1,1-16.18-23)
    1Dore igitabo cy’amasekuruza ya Yezu Kristu, umwana wa Dawudi, mwene Abrahamu. 2Abrahamu yabyaye Izaki, Izaki abyara Yakobo, Yakobo abyara Yuda n’abavandimwe be, 3Yuda abyara Faresi na Zara kuri Tamara, Faresi abyara Esironi, Esironi abyara Aramu. 4Aramu abyara Aminadabu, Aminadabu abyara Nahasoni, Nahasoni abyara Salimoni. 5Salimoni abyara Bowozi kuri Rahabu, Bowozi abyara Yobedi kuri Ruta, Yobedi abyara Yese, 6Yese abyara umwami Dawudi.
Dawudi abyara Salomoni ku mugore wa Uriya, 7Salomoni abyara Robowamu, Robowamu abyara Abiya, Abiya abyara Asa, 8Asa abyara Yozafati, Yozafati abyara Yoramu, Yoramu abyara Oziyasi, 9Oziyasi abyara Yowatamu, Yowatamu abyara Akazi, Akazi abyara Ezekiyasi, 10Ezekiyasi abyara Manase, Manase abyara Amoni, Amoni abyara Yoziyasi, 11Yosiyasi abyara Yekoniyasi na barumuna be, igihe bajyanwa bunyago i Babiloni.
Ijyanwa bunyago ry’i Babiloni rirangiye Yekoniyasi abyara Salatiyeli, Salatiyeli abyara Zorobabeli, 13Zorobabeli abyara Abiyudi, Abiyudi abyara Eliyakimu, E1iyakimu abyara Azori, 14Azori abyara Sadoki, Sadoki abyara Akimu, Akimu abyara Eliyudi, 15Eliyudi abyara Eleyazari, Eleyazari abyara Matani, Matani abyara Yakobo, 16Yakobo abyara Yozefu, umugabo wa Mariya ari we wabyaye Yezu witwa Kristu.
Iyo ni Ivanjili Ntagatifu

Bakristu bavandimwe amasomo matagatifu kiliziya umubyeyi wacu yaduteganyirije kuri uyu munsi twibukaho ivuka rya Bikira Mariya mutagatifu aragaruka ku mateka y’icungurwa rya muntu, riduha kuba intungane tubikesha umwana w’Imana wabyawe na Bikira Mariya.

Mju mateka ya Kiliziya twizihiza ivuka ry’abantu batatu gusa. Hari ivuka rya Yezu, umukiro wacu , hari ivuka rya Bikira Mariya watubyariye umukiro ndetse n’ivuka rya Yohani Batista wabaye integuza y’umukiro kandi akawutwereka.

Uyu munsi ni umunsi ukomeye mu mateka y’icungurwarya muntu kuko n’indi minsi mikuru y’umubyeyi Bikira Mariya ishingiye kukuba yaravutse.

Isomo rya mbere riragaruka k’ubuhanuzi bwa Mika buvuga kuburyo bw’inshamarenga y’umucunguzi wa Israheli ,uwo mucunguzi ntazazana amahoro gusa ahubwo azanatuma iba isoko y’umugisha mu mahanga yose. Uwo mucunguzi azava ibetelehemu mu muryango muto maze ategeke amahanga yose. Bikira Mariya niwe wagombaga kubyarira isi umukiza uzazana amahoro nyakuri kandi arambye,

Isomo rya kabiri riratwibusa ko turi abanyamahirwe kuko twamenye Imana kandi tukayikunda. Iratuzi kandi iduhamagarira kuba abana bayo muri Yezu Kristu wa byawe na Bikira Mariya. Jambo we muvandimwe wacu aduhesha kuba abana b’umubyeyi we no gusangira ikuzo rye.

Ivanjiri iradusobanurira ko Yezu afite inkomoko kandi asangiye n’abantu byose usibye icyaha yaje gutsinda. Yinjiye mu mateka arangwamo icyaha, ntiyaje gucungura intungane mu bagore bane ivanjiri itubwira, Bikira Mariya wenyine niwe utararanzweho icyaha n’ubusembwa, ni umuziranenge n’umuzira bwandu.

Tamar ufite inkomoko y’abanyamahanga(Mezopotamiya)

Rahab yari umugore w’indaya I Yeriko umunyakanahanekazi wakiriye intasi ebyiri zari zoherejwe na Yozuwe akabahisha maze nabo bakarengera ubuzima bwe ndetse aza kuba umugore wa Salimoni

Umugore wa Uriya yakoze icyaha n’umwami Dawudi wanicishije umugabo we

Ruta yari umugore w’umunyamahanga , cyari ikizira mu Bayisiraheli gushaka abanyamahanga. Bikira Mariya ni utarasamanywe icyaha ndetse n’utarasamanye icyaha , niwe Eva mushya wabaye imbarutso y’ubuzima bushya. Yasamye ku bubasha bwa Roho Mutagatifu , niwe dukesha Emmanweli, Imana irikumwe natwe.

Dusabe Nyagasani guhora tubarirwa mu bana yagize abe, Bikira Mariya Nyina wa Jambo n’uwacu atubere irebero n’irorero ry’ubutungane duhamagarirwa, bityo tuzishimane nawe iteka mu ijuru kandi dusangire nawe ikuzo ry’umwana we Yezu Kristu,Amena

Padiri Jean Pierre GATETE,SAC

Where to find

Notre-Dame de Kibeho

Lorem ipsum dolor sit amet, consectetur elit sed do eiusmod tempor incididunt.